RULINDO: Dr USTA KAYITESI YIFATANYIJE N’ABATURAGE B’UMURENGE WA BUREGA MU MUGANDA RUSANGE WO GUTUNGANYA UMUHANDA
Rulindo, Burega – Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Mpuzamahanga, akaba n’Imboni y’Akarere ka Rulindo, Dr. Usta Kayitesi, yifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Burega mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Mutarama 2026, wibanze ku gutunganya no gufata neza imihanda.
Umuganda wabaye tariki ya 31 Mutarama 2026, ukorwa mu mirenge igize ’Akarere , aho ibikorwa byibanze ku gusana imihanda hagamijwe koroshya ingendo.
Ku rwego rw’Akarere, umuganda wabereye mu Murenge wa Burega, Akagari ka Karengeri, Umudugudu wa Rwamiko, ahatunganyijwe umuhanda Shusho–Muyanza. Muri iki gikorwa, hashyizwemo laterite, hasiburwa imiserege y’amazi ndetse hanasanwa ibiraro byari byarangiritse.
Dr. Usta Kayitesi, wari umushyitsi mukuru, ari kumwe na Komite Nyobozi y’Akarere n’abayobozi b’inzego z’umutekano . Yifatanyije n’abaturage mu bikorwa by’umuganda, agaragaza akamaro k’ubufatanye mu iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Nyuma y’umuganda, abaturage bahawe ubutumwa butandukanye bwibanze ku ngingo zirimo:
Mu butumwa bwe, Dr. Usta Kayitesi yashimiye abaturage ba Burega n’abayobozi b’inzego z’ibanze ku ruhare bagira mu muganda rusange, abasaba gukomeza uyu muco mwiza w’ubufatanye, nk’imwe mu nkingi z’iterambere rirambye n’imiyoborere myiza.
Yasoje asaba abaturage gukomeza kurangwa n’indangagaciro zo gukunda igihugu, gukorera hamwe no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta zigamije iterambere ry’Akarere ka Rulindo n’igihugu muri rusange.