Rulindo: PEREZIDA W’INTEKO ISHINGA AMATEGEKO GERTRUDE KAZARWA N’UMUYOBOZI W’AKARERE BIFATANYIJE N’ABATURAGE MU MUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI K’UGUSHYINGO

Kuwa 29/11/2025 mu mirenge yose igize Akarere hakozwe umuganda rusange usoza ukwezi kwa 11 ku rwero rw'Akarere wabereye mu murenge wa Ntarabana aho Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon. Gertrude Kazarwa ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere Madamu Mukanyirigira Judith n'abandi bayobozi  bifatanyije n’abaturage bo muri uyu Murenge.

muri uyu muganda wanatangirijwemo ubukangurambaga bw'isuku  hakozwe ibikorwa bitandukanye birebana n'Isuku birimo kubaka imiserege y'amazi, gucukura ibyobo bifata amazi,gutema ibihuru no gutoragura imyanda.

uyu  muganda wanitabiriwe n’Abadepite bari bamaze icyumweru mu ngendo rusange mu Karere ka Rulindo, ndetse n’inzego z’umutekano zirimo Ingabo na Polisi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’abagize Inama y’Umutekano Itaguye y’Akarere.

Uyu muganda kandi  wanakozwe ku rwego rw’ibigo by’amashuri byose byo mu Karere ka Rulindo, uko ari 134, aho abanyeshuri, abarimu n’abayobozi b’amashuri bifatanyije mu bikorwa by'Isuku

Nyuma y’umuganda, abayobozi bagiranye ibiganiro n’abaturage.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Hon. Gertrude Kazarwa, yashimye abaturage b’Umurenge wa Ntarabana ku ruhare rwabo mu kwitabira gahunda z'Akarere cyane cyane ishyirwa mu bikorwa ry'igishushanyo mbonera cy'Akarere n'imikoreshereze y'ubutaka..

Hon. Gertrude Kazarwa,by’umwihariko, yashimye  Hakizimana Daniel, umuturage wagizwe indashyikirwa mu kwimakaza isuku mu Karere ka Rulindo, asaba abaturage bose kumwigiraho no gukomeza kugira isuku ku mu biri n'aho batuye.