Shyorongi : Haburanishijwe mu ruhame urubanza rwa AYINDEMEYE Jean Marie Vianney ukekwaho kwica umugore we
Kuri uyu wa 08/04/2022, mu Murenge wa Shyorongi, mu Kagari ka Buagaragara, mu mudugudu wa Gisiza, kuri GS Gisiza haburanishirijwe urubanza ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gicumbi buregamo AYINDEMEYE Jean Marie Vianney icyaha cy’ubwicanyi, akaba yarishe uwo bashyingiranwe mu buryo bukurikije amategeko byakozwe kuwa 04/03/2022.
Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko uregwa yishe umugore we,ubwo bakimbiranaga,biturutse kuri mutuelle y’umwana itarahinduriwe ifoto,ariko hakaba harihasanzwe amakimbirane muri uwo muryango,ashingiye ku mitungo,ndetse n’urwikekwe rwo gucana inyuma hagati y’uregwa n’umugorewe
Ibyo yakoze bikaba bihanwa n’amategeko,mu ngingo ya 107 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Ubushinjacyaha bwagaragaje uko uregwa yakoresheje intebe y’igiti mu kumukubita, akaba kandi yarakurikijeho isuka, yamukubise mu mutwe ndetse akamuhwanya.yakomeje agaragaza ibimenyetso bishingiye kubuhamya bwatanzwe nabahageze, ndetse n’icyemezo cya muganga cyagaragaje ko nyakwigendera yahageze yishwe n’ibikomere byaturutse ku bintu yakubiswe kumubiri.

Uregwa akaba nawe yisobanuye yemera icyaha, akavuga ko yishe uwo bashyingiranywe mu buryo bukurikije amategeko MUKESHIMANA Anne Marie, akavuga ko koko yamwicishije isuka, akomeza avuga ko yabitewe n’uburakari bukabije bwamutunguye, ko atabigambiriye, aboneraho asaba imbabazi abana be, umuryango yashatsemo, ababyeyi, itorero yasengeragamo n’igihugu muri rusange.
Ubushinjacyaha bwanzuye bugaruka kuburyo uregwa yisobanuyemo,bushimangira umugambi mubisha uregwa yagize kuko atabashije kwibuza kwica uwo bashyingiranwe, urebye igihe kinini bamaranye barwana; ashingira ku ngingo ya 107 yavuzwe ahabanza n’iya 65 y’igitabo cy’imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, amusabira igihano cy’igifungo cya burundu .
Uregwa akaba yakomeje gusaba imbabazi urukiko kandi akomeza kwemera icyaha,asaba kugabanyirizwa igihano yasabiwe n’ubushinjacyaha, Urukiko ruvuga ko ruzabisuzuma. Urukiko rwapfundikiye urubanza, ruvuga ko ruzasomwa kuwa 15/4/2022, aho rwaburanishirijwe.
Inteko ikaba yari igizwe n’umucamanza RUSANGANWA Eugene akaba na perezida warwo, Umwanditsi Nshimiyimana Ramadhan n’umushinjacyaha uyobora ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Gicumbi BATAMURIZA Alice.